Skip to main content

Byinshi ku ndwara y’ibibari





Mu mibereho y’abantu hirya no hino ku isi, hari byinshi tujya twibaza ariko kubera ko tuba tudafitiye ubumenyi kuri bimwe mu byo tubona, birangira amatsiko adashize. Bimwe muri ibyo harimo indwara y’ibibari bamwe bazi ariko hari n’abatazi ko ibaho. Akenshi umuntu uyirwaye ahabwa akato n’abantu bamwe ndetse n’ababyeyi babo ku byakira ubona biba bibagoye, ariko abantu bayifite hari ubundi bufasha bahabwa bakivuka ndetse birangira bubafashije ariko biterwa n’igihe baherewe ubwo bufasha. Indwara y’ibibari ni indwara umwana avukana, ifata ku munwa wo hejuru aho uba usa n’uwasadutse cyangwa afite icyobo mu nkanka. Iyi ndwara itangira gufata umuntu mu gihe umubyeyi atwite aho ishobora kwibasira igice cy’I bumoso cyangwa I buryo ndetse ishobora gufata impande zombi z’umunwa.
Iyi ndwara  ishobora kugaragara inyuma ku munwa cyangwa mu rusenge rw'akanwa cyangwa hombi.
Ishobora kandi gufata uruhande rumwe cyangwa igata impande zombi z'umunwa

Indwara y’ibibari iterwa n’iki?
Kugeza ubu ntiharamenyekana ikintu gitera iyi ndwara ariko ngo hari ibintu bimwe na bimwe bishobora kongera ibyago byo kuvukana iyi ndwara ku mwana, aho harimo nk’ibibazo biturutse ku kirere, ku mirire mibi y’umubyeyi mu gihe atwite, uruhererekane rwo mu miryango, kuba umubyeyi mu gihe atwite yaba yafata ku miti y’igicuri ndetse no gufata imiti myinshi yo kuboneza urubyaro 
Ibibazo bikunze kugaragara mu bantu bafite iyi ndwara? 
Umwana wavukanye indwara y’ibibari ashobora kugira ibibazo bitandukanye birimo guhabwa akato mu bandi, kutumva neza, kutabasha kurya no kunywa, kutabasha kuvuga neza bitewe no kunanirwa kuvuga inyuguti zimwe na zimwe, kutamera amenyo ahantu hari ibibari ndetse no kwigunga.  

Ese iyi ndwara yaba ikira burundu? 
Bamwe mu babyeyi cyangwa buri wese wo mu miryango yavutsemo umwana ufite iki kibazo,bahita bumva ko hacitse igikuba. Nyamara mu by’ukuri iyi ndwara iravurwa kandi igakira. Hano mu Rwanda Ministeri y’ubuzima yashizeho uburyo bwo kuvura aba bana bavukanye indwara y’ibibari kandi bakavurirwa ubuntu mu bitaro byose bibegereye bibifitiye ubushobozi. Ubwo buvuzi biba byiza iyo umwana abubonye hakiri kare nyuma yo kuvuka; ni ukuvuga mu gihe nibura afite amezi 6 avutse ashobora kubagwa agakira neza ku buryo nta pfunwe ashobora kugira mu bandi. Mu gihe ubonye umwana uvutse ufite iki kibazo, ihutire kumujyana kwa Muganga kugira ngo afashwe hakiri kare.

Comments

Popular posts from this blog

Sobanukirwa n’ibibazo 15 amenyo yawe ashobora guhura nabyo.

Uburibwe bw’amenyo Amenyo ari muri bimwe mu bice by’umubiri bituma ubirwaye agira ububabare bwinci. Bamwe usanga bapfuka umunwa, abandi bakasama, abandi mu muyaga ugasanga bari gutaka. Benci nanone usanga bakoresha kujundika amazi y’akazuyazi, gukoresha akadodo bashaka gukura ibiryo hagati y’amenyo ndetse no kujya kugura imiti igabanya uburibwe. Nubwo wagura iyo miti ariko ntabwo uba ukuyeho ikibazo cyirimo kugutera ubwo buribwe, shaka Muganga w’amenyo agufashe kugikemura. Nimba ubona iruhande rw’iryinyo habyimbye cyangwa hari amashyira,cyangwa nimba wumva ufite n’umuriro, ibyo bishobora kuba ibimenyetso by’ikibyimba kandi byaguteza ibindi bibazo bikomeye. Jya kwa Muganga byihuse nkuko urubuga rwa webmd rubikugiramo inama kuri icyo kibazo ndetse n'ibi bindi bikurikira. Guhindura ibara kw’amenyo Nkuko twabivuze mu nkuru yacu yavugaga ku bintu bitera amenyo gusa nabi, twabonye ko guhindura isura y’iryinyo biterwa n’ibintu bitandukanye. Muri ibyo harimo ibiryo, imiti, it...

Kuki abantu bagira ishinya z'amabara atandukanye?

Abantu twese ntitugira ishinya zisa, bamwe baba bafite izisa abandi zitandukanye. Ishinya ishobora gusa n'iroze ariko yarwara ikaba yahinduka igasa n'umutuku, umweru cyangwa umukara. Uzabibona kenci ko abantu bamwe bafite ishinya y’umukara bakunze guseka cyane. Abandi nabo ubona ko iyabo isa n’iroze ndetse n’umweru. Mu bihugu bimwe na bimwe kugira ishinya y’umukara bifatwa nkaho ari bimwe mu bintu biranga ubwiza, ariko ahandi ho ugasanga abo bantu bafite iyo shinya bafatwa nkaho ari indwara bafite. Hari ibintu byinci bishobora gutera ishinya guhindura ibara nubwo usanga rimwe na rimwe biba ari ibintu byatewe nuko umubiri wabo usanzwe uteye. Twifashishije imbuga nka watertower dental care ndetse na pulse live reka turebere hamwe bimwe muri byo. Ishinya y’umukara   Impamvu abantu bamwe bagira ishinya y’umukara, usanga biterwa nuko ishinya yabo yajemo melanin nyinci zikorwa na Melanocytes zo ziba ziri mu mubiri. Izo Melanin ubundi nizo zituma ishinya ndetse n’uruhu rwaw...

Impamvu ushobora kuribwa n’amenyo mu gihe uriye cyangwa unyoye ibikonje cyangwa ibishyushye.

Amenyo ari mu bice bigize akanwa kacu. Adufasha mu guhekenya ibiryo tuba turi kurya. Rimwe na rimwe tujya twisanga amenyo yacu aturya mu gihe turiye cyangwa tunyoye cyane cyane ibishyushye cyangwa ibikonje. Akenshi umuntu uzumva ataka akubwira ko adashobora kunywa ibintu byo muri firigo cyangwa nk’icyayi gishyushye, yewe hari n’umuntu uba udashaka kuvuga ku mugoroba cyangwa mu gitondo hakiri kare kugira ngo akayaga katirukankira mu menyo. Ubwo buribwe buba buri mu menyo buba butandunye n’ubwo umuntu agira mu gihe iryinyo rye ryacukutse. Twifashishije urubuga dental health tugiye kurebera hamwe icyibitera ndetse n’icyo wakora. Abantu bagira icyo kibazo cy’uburibwe Abantu benshi usanga bataka kubera icyo kibazo, kikaba gitangira akenshi iyo umuntu ageze hagati y’imyaka 20 na 40. Uretse ko bishobora gufata abari munsi yiyo myaka cyangwa abayirengeje cyane cyane abari hejuru ya za 70. Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakunda kugira iki kibazo kuruta abagabo. Ni ibiki biter...