Skip to main content

Kuki isuku yo mu kanwa ari ingenzi?


Ntangiye nibaza ikibazo kugira ngo buri wese uhora akora iyo suku, bimufashe gusesengura neza maze amenye impamvu ayikora. Buriya guseka ni igikorwa cyerekana ko umuntu yishimye. Mu gihe rero wumva ushaka kugaragaza uwo uriwe biciye mu nseko buriya biba byiza gusukura mu kanwa kawe ubyitayeho. Hari benshi guseka bibera ikibazo bitewe nuko banuka mu kanwa, cyangwa amenyo yabo yarakutse cyangwa yarahongotse, wenda amenyo yawe yarahinduye ibara kubera imyanda yajemo. Muri make umuntu akaba afite ipfunwe ryo kubumbura umunwa we mu gihe arikumwe n’undi muntu.
Amenyo ni ingenzi mu buzima bwa muntu, aho adufasha mu guseka, kuvuga, kurya ndetse no guha ishusho cyangwa imiterere yacu yo mu isura. Buriya udukoko two mu kanwa dukunze kwataka amenyo y’umuntu ni ikibazo gikomeye cyane k'ubuzima bwo mu kanwa. Utwo dukoko dushobora kuba turi ku menyo, cyangwa hagati yayo maze bigateza amenyo gucukuka. Utwo dukoko rero nanone dushobora kugenda tukibera hagati mu ishinya maze bikarangira ishinya ihangirikiye ikarwara indwara zitandukanye. Dore zimwe uko zigaragara mu mafoto:
Imyanda yo mu menyo
Imyanda yo mu menyo.
Gucukuka kw'iryinyo ndetse rikaba ryanakurwa.
Kunuka mu kanwa.
Buriya nk’umubyeyi nawe ntaba agomba guterera iyo, aba agomba kumenya nimba umwana we yakoze isuku yo mu kanwa. Iyo umwana akiri muto biba byiza iyo abonye uburoso n’umuti w’amenyo byagenewe abana, kuko hari abantu bafata umwana bakamuha uburoso nk’ubw’abantu bakuru nyamara kubera ingano y’akanwa ke, bikarangira ababara ku ishinya mu gihe abukoresheje, impamvu rero iba yaturutse kukuba akoresha uburoso bunini mu kanwa kakiri gato. Umwana atangirana ubw’abana, maze uko agenda akura, ukagenda umuhindurira bitewe n’ikigero agezemo. Ni ngombwa kwita ku menyo y’umwana kuko usanga ababyeyi benshi bibuka kwita ku menyo y’umwana aruko yamaze gushirira burundu. Ni byiza ko umwana yitabwaho kugera nibura agejeje ku myaka irindwi. Ukajya umwibutsa kwoza mu kanwa, kwibuka gucira mu gihe amaze kwoza kuko mu gihe abimize bishobora kumutera ibindi bibazo. 
Ni inshingano z'umubyeyi kwita ku menyo y'abana be.

Ngarutse ku kibazo natangiye nibaza, Isuku yo mu kanwa ihoraho kandi ikozwe neza ni ingenzi kugira ngo ikure mu menyo cyangwa mu ishinya twa dukoko, ibisigazwa by’ibiryo, imyanda yose muri rusange. Ni byiza gusukura mu kanwa mu gitondo nyuma yo gufata ifunguro rya mu gitondo, na nimugoroba mbere yo kuryama; ukoresheje uburoso n’umuti w’amenyo. Icyo gikorwa kiba kigomba kumara hagati y’iminota 3 na 5. Ni ngombwa kandi kwibuka ko biba byiza kurushaho iyo ukoresha akadodo kagenewe gucishwa mu menyo nibura rimwe ku munsi. Nimba ushaka akanwa kazira indwara ni byiza kwibuka kujya usura muganga w’amenyo mu gihe cy’amezi 6 ukagerayo nk’inshuro 1.
 
Isuku ni ingenzi mu kubungabunga amenyo yacu.

Src: Cyberanto

Comments

Popular posts from this blog

Sobanukirwa n’ibibazo 15 amenyo yawe ashobora guhura nabyo.

Uburibwe bw’amenyo Amenyo ari muri bimwe mu bice by’umubiri bituma ubirwaye agira ububabare bwinci. Bamwe usanga bapfuka umunwa, abandi bakasama, abandi mu muyaga ugasanga bari gutaka. Benci nanone usanga bakoresha kujundika amazi y’akazuyazi, gukoresha akadodo bashaka gukura ibiryo hagati y’amenyo ndetse no kujya kugura imiti igabanya uburibwe. Nubwo wagura iyo miti ariko ntabwo uba ukuyeho ikibazo cyirimo kugutera ubwo buribwe, shaka Muganga w’amenyo agufashe kugikemura. Nimba ubona iruhande rw’iryinyo habyimbye cyangwa hari amashyira,cyangwa nimba wumva ufite n’umuriro, ibyo bishobora kuba ibimenyetso by’ikibyimba kandi byaguteza ibindi bibazo bikomeye. Jya kwa Muganga byihuse nkuko urubuga rwa webmd rubikugiramo inama kuri icyo kibazo ndetse n'ibi bindi bikurikira. Guhindura ibara kw’amenyo Nkuko twabivuze mu nkuru yacu yavugaga ku bintu bitera amenyo gusa nabi, twabonye ko guhindura isura y’iryinyo biterwa n’ibintu bitandukanye. Muri ibyo harimo ibiryo, imiti, it...

Kuki abantu bagira ishinya z'amabara atandukanye?

Abantu twese ntitugira ishinya zisa, bamwe baba bafite izisa abandi zitandukanye. Ishinya ishobora gusa n'iroze ariko yarwara ikaba yahinduka igasa n'umutuku, umweru cyangwa umukara. Uzabibona kenci ko abantu bamwe bafite ishinya y’umukara bakunze guseka cyane. Abandi nabo ubona ko iyabo isa n’iroze ndetse n’umweru. Mu bihugu bimwe na bimwe kugira ishinya y’umukara bifatwa nkaho ari bimwe mu bintu biranga ubwiza, ariko ahandi ho ugasanga abo bantu bafite iyo shinya bafatwa nkaho ari indwara bafite. Hari ibintu byinci bishobora gutera ishinya guhindura ibara nubwo usanga rimwe na rimwe biba ari ibintu byatewe nuko umubiri wabo usanzwe uteye. Twifashishije imbuga nka watertower dental care ndetse na pulse live reka turebere hamwe bimwe muri byo. Ishinya y’umukara   Impamvu abantu bamwe bagira ishinya y’umukara, usanga biterwa nuko ishinya yabo yajemo melanin nyinci zikorwa na Melanocytes zo ziba ziri mu mubiri. Izo Melanin ubundi nizo zituma ishinya ndetse n’uruhu rwaw...

Impamvu ushobora kuribwa n’amenyo mu gihe uriye cyangwa unyoye ibikonje cyangwa ibishyushye.

Amenyo ari mu bice bigize akanwa kacu. Adufasha mu guhekenya ibiryo tuba turi kurya. Rimwe na rimwe tujya twisanga amenyo yacu aturya mu gihe turiye cyangwa tunyoye cyane cyane ibishyushye cyangwa ibikonje. Akenshi umuntu uzumva ataka akubwira ko adashobora kunywa ibintu byo muri firigo cyangwa nk’icyayi gishyushye, yewe hari n’umuntu uba udashaka kuvuga ku mugoroba cyangwa mu gitondo hakiri kare kugira ngo akayaga katirukankira mu menyo. Ubwo buribwe buba buri mu menyo buba butandunye n’ubwo umuntu agira mu gihe iryinyo rye ryacukutse. Twifashishije urubuga dental health tugiye kurebera hamwe icyibitera ndetse n’icyo wakora. Abantu bagira icyo kibazo cy’uburibwe Abantu benshi usanga bataka kubera icyo kibazo, kikaba gitangira akenshi iyo umuntu ageze hagati y’imyaka 20 na 40. Uretse ko bishobora gufata abari munsi yiyo myaka cyangwa abayirengeje cyane cyane abari hejuru ya za 70. Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakunda kugira iki kibazo kuruta abagabo. Ni ibiki biter...