Skip to main content

Impamvu 14 ugomba kumenya zishobora gutera kuva amaraso mu gihe woza amenyo yawe.


Ese ujya uva amaraso mu gihe woza amenyo yawe? Ibi bibaho akenshi mu gihe abantu bamwe boza amenyo yabo ariko abandi bikaza rimwe na rimwe bitunguranye. Nimba bitarakubaho na rimwe, ugomba kumenya ko bishobora kukubaho igihe icyaricyo cyose. Nubwo hari impamvu zigiye zitandukanye zishobora gutera uko kuva amaraso, impamvu nyamukuru ishobora kuba isuku idakorwa cyangwa wanayikora ukayikora nabi. Akanwa kacu habamo za bacteria nyinshi zo mu bwoko butandukanye. Iyo ni nayo mpamvu ugomba gukoresha no kwibuka guhindura uburoso bw’amenyo, kwoza byibura kabiri ku munsi mu gihe kiri hagati y’iminota 3 cyangwa 5 ndetse ugomba kwibuka kwisuzumisha kwa muganga w’amenyo byibura 2 mu mwaka. Ubundi ishinya iyo nta kibazo ifite, ntabwo ijya iva amaraso uko yishakiye, rimwe na rimwe ushobora kubona ayo maraso uri kwoza, ukabyirengagiza ariko uko ubitinza, bishobora kuzarangira amenyo agenda avamo utazi icyabiteye. Twifashishije urubuga step to health reka turebe impamvu zishobora kugutera icyo kibazo.
1.       Indwara z’ishinya (Ifumbi)
Kuba ishinya yabyimba, igatukura ndetse no kuva amaraso ni bimwe mu bintu byakwereka ko ishinya yawe yatangiye kurwara. Inshuro nyinshi iyi niyo mpamvu itera ishinya yawe kuva amaraso. Izi ndwara zibasira ishinya ziterwa n’urubobi ruba rwarafashe ku menyo kuko bacteria ziba muri muri urwo rubobi nizo zituma ishinya yawe icika intege ndetse igatangira kugaragaza biriya bimenyetso twavuze haruguru. Ikintu wakora kikagufasha ni ukongera inshuro ndetse n’uburyo wozamo amenyo yawe.
2.       Kubura vitamine yo mu bwoko bwa K
Kubura iyo vitamine bituma ishinya iva amaraso. Iyi vitamine rero ifasha mu gutuma amaraso avura neza.
3.       Kunywa itabi
Kunywa  itabi bituma amenyo yawe yangirika ndetse igatuma ubuvuzi ubwaribwo bwose butagenda neza nkuko byagakwiriye. Iyo umuntu anywa itabi, akunda kuva amaraso mu gihe ariye ibintu bikomeye ndetse no mu gihe yoza mu kanwa.
4.       Imyaka (ikigero ugezemo)
Iyo umuntu ari kugenda akura, kuva amaraso mu ishinya biba ari ibintu bisanzwe. Abasaza n’abakecuru baba bafite icyi kibazo nyamara nta yindi mpamvu yabiteye ahubwo ari ukubera imyaka bagezemo.
5.       Diabete
Mu gihe urwaye iyi ndwara ya diabete ni ibintu byoroshye kuva amaraso mu gihe waba woza mu kanwa, icyo gihe ushobora kuba ukoresha imbaraga nyinshi mu koza ndetse n’uburoso ukoresha bushobora kuba bwarigonze cyangwa bukomeye, bityo bigatuma ishinya iva amaraso. Ugomba kumenya ko kwoza amenyo yawe bidasaba kuba wakoresheje imbaraga nyinshi ndetse mu gihe waba ufite ikindi kibazo runaka, wakwegera Muganga w’amenyo akagufasha.
6.       Imirire mibi
Kubura intungamubiri z’ingenzi mu mubiri nka za vitamines zo mu bwoko bwa A, B ndetse na C bishobora gutuma ishinya yawe ijya mu byago byo kwangirika maze bikarangira iva amaraso. Ni byiza gufata indyo yuzuye kuko  nibwo buryo bwagufasha kubona izo ntungamubiri. Burya inyinshi tuzibona mu mbuto no mu mboga.
7.       Imiti imwe n’imwe dufata
Burya imwe mu miti tugenda dukoresha igira ingaruka ziba zigiye zitandukanye, zimwe muri izo harimo kugabanya ivuburwa ry’amacandwe maze bigatuma bacteria zo mu kanwa zitangira kwikusanya kugira ngo zangize ibice byo mu kanwa nk’amenyo ndetse n’ishinya. Mu gihe hari imiti urimo gufata, noneho muri icyo gihe ukabona biraguteza ibibazo byo kuva amaraso, byaba byiza ubajije Muganga wabiguhaye, nimba bishoboka ko ibyo bibazo biterwa no kuyifata. Ikindi gishoboka ni ukubaza nimba hari indi miti wahabwa, ikaba yakuvura ariko itaguteye ibyo bibazo.
8.       Umunaniro
Nubwo ushobora kutabyemera, ariko umunaniro watuma ishinya yawe ndetse n’ibice byo mu kanwa bitakaza ubwirinzi bwabyo ku ndwara, bigashobora no kuguteza kuva amaraso mu kanwa. Mu gihe wumva unaniwe, ni byiza kuruhuka neza.
9.       Kuba warakutse amenyo
Mu gihe wakutse amenyo, guhuza amenyo biba bigoye mu gihe uri guhekenya. Ibi bituma amenyo yandi yikuba kwishinya bigatuma iva amaraso kuko iba yakomeretse.
10.   Gutakaza ubwirinzi bw’umubiri
Indwara zibasira umubiri akenshi ziba zituruka kukuba umubiri uba watakaje ubudahangarwa bwawo. Bimwe mu bibazo biba byugarije umubiri bishobora kuba aribyo byatuma ishinya yawe iva amaraso.
11.   Kuba udakunda kwisuzumisha k’umuganga w’amenyo
Buriya iyo akanwa kawe kadasuzumwe mu gihe runaka bituma bigorana kumenya ikibazo cyaba kirimo. Dusabwa kujya kwa Muganga w’amenyo byibura 2 mu mwaka, muri icyo gihe bagukuriraho nk’urubobi ruba rwarafashe ku menyo yawe, kuko ni kimwe mu bintu byaguteza ibyago byo kurwara ibice bitandukanye byo mu kanwa.
12.   Indwara zandurira mu kanwa
Indwara zimwe na zimwe zandurira mu kanwa, cyane cyane amacandwe niho hantu bacteria zikwirakwizanya.
13.   Kuba umugore atwite
Gutwita ni kimwe mu bintu byatera ishinya y’umugore kuva amaraso. Nubwo bishobora kuba ari ibintu bisanzwe ariko muganga usanzwe asuzuma uwo mugore niwe umenya icyakorwa hagati aho.
14.   Ikibazo gishobora kuba cyaturutse k’ubuvuzi bw’amenyo wahawe
Mu gihe waba warahawe ubuvuzi runaka bw’amenyo nko kuba warahomewe iryinyo nabi, nyuma yaho ukaba watangira kuva amaraso, biba byiza iyo usubiye kwa Muganga w’amenyo akabikosora.
Abenshi bagaragaza gutukura cyane kw'ishinya, kubyimba no kuva amaraso.


Comments

Popular posts from this blog

Sobanukirwa n’ibibazo 15 amenyo yawe ashobora guhura nabyo.

Uburibwe bw’amenyo Amenyo ari muri bimwe mu bice by’umubiri bituma ubirwaye agira ububabare bwinci. Bamwe usanga bapfuka umunwa, abandi bakasama, abandi mu muyaga ugasanga bari gutaka. Benci nanone usanga bakoresha kujundika amazi y’akazuyazi, gukoresha akadodo bashaka gukura ibiryo hagati y’amenyo ndetse no kujya kugura imiti igabanya uburibwe. Nubwo wagura iyo miti ariko ntabwo uba ukuyeho ikibazo cyirimo kugutera ubwo buribwe, shaka Muganga w’amenyo agufashe kugikemura. Nimba ubona iruhande rw’iryinyo habyimbye cyangwa hari amashyira,cyangwa nimba wumva ufite n’umuriro, ibyo bishobora kuba ibimenyetso by’ikibyimba kandi byaguteza ibindi bibazo bikomeye. Jya kwa Muganga byihuse nkuko urubuga rwa webmd rubikugiramo inama kuri icyo kibazo ndetse n'ibi bindi bikurikira. Guhindura ibara kw’amenyo Nkuko twabivuze mu nkuru yacu yavugaga ku bintu bitera amenyo gusa nabi, twabonye ko guhindura isura y’iryinyo biterwa n’ibintu bitandukanye. Muri ibyo harimo ibiryo, imiti, it...

Kuki abantu bagira ishinya z'amabara atandukanye?

Abantu twese ntitugira ishinya zisa, bamwe baba bafite izisa abandi zitandukanye. Ishinya ishobora gusa n'iroze ariko yarwara ikaba yahinduka igasa n'umutuku, umweru cyangwa umukara. Uzabibona kenci ko abantu bamwe bafite ishinya y’umukara bakunze guseka cyane. Abandi nabo ubona ko iyabo isa n’iroze ndetse n’umweru. Mu bihugu bimwe na bimwe kugira ishinya y’umukara bifatwa nkaho ari bimwe mu bintu biranga ubwiza, ariko ahandi ho ugasanga abo bantu bafite iyo shinya bafatwa nkaho ari indwara bafite. Hari ibintu byinci bishobora gutera ishinya guhindura ibara nubwo usanga rimwe na rimwe biba ari ibintu byatewe nuko umubiri wabo usanzwe uteye. Twifashishije imbuga nka watertower dental care ndetse na pulse live reka turebere hamwe bimwe muri byo. Ishinya y’umukara   Impamvu abantu bamwe bagira ishinya y’umukara, usanga biterwa nuko ishinya yabo yajemo melanin nyinci zikorwa na Melanocytes zo ziba ziri mu mubiri. Izo Melanin ubundi nizo zituma ishinya ndetse n’uruhu rwaw...

Impamvu ushobora kuribwa n’amenyo mu gihe uriye cyangwa unyoye ibikonje cyangwa ibishyushye.

Amenyo ari mu bice bigize akanwa kacu. Adufasha mu guhekenya ibiryo tuba turi kurya. Rimwe na rimwe tujya twisanga amenyo yacu aturya mu gihe turiye cyangwa tunyoye cyane cyane ibishyushye cyangwa ibikonje. Akenshi umuntu uzumva ataka akubwira ko adashobora kunywa ibintu byo muri firigo cyangwa nk’icyayi gishyushye, yewe hari n’umuntu uba udashaka kuvuga ku mugoroba cyangwa mu gitondo hakiri kare kugira ngo akayaga katirukankira mu menyo. Ubwo buribwe buba buri mu menyo buba butandunye n’ubwo umuntu agira mu gihe iryinyo rye ryacukutse. Twifashishije urubuga dental health tugiye kurebera hamwe icyibitera ndetse n’icyo wakora. Abantu bagira icyo kibazo cy’uburibwe Abantu benshi usanga bataka kubera icyo kibazo, kikaba gitangira akenshi iyo umuntu ageze hagati y’imyaka 20 na 40. Uretse ko bishobora gufata abari munsi yiyo myaka cyangwa abayirengeje cyane cyane abari hejuru ya za 70. Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakunda kugira iki kibazo kuruta abagabo. Ni ibiki biter...