Skip to main content

Indwara zifata ishinya y'amenyo zishobora gutera indwara z'umutima

Indwara zifata ishinya y'amenyo zishobora gutera indwara z'umutima.

Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’abaganga bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryita ku ndwara z’umutima (American Heart Association), ngo nyuma y’igihe kirekire abantu bamwe bavuga ko indwara zifata ishinya y’amenyo zidatera ibyago byo kurwara indwara z’umutima ndetse kandi ko kuvura indwara zifata ishinya y’amenyo bitagira icyo byorohereza cyangwa bigabanya ku byago byo kurwara umutima, kuri ubu noneho iri shyirahamwe riratangaza ko nyuma y’ubushakashatsi rimaze gukora kuri izi ndwara, bwagaragaje ko izi ndwara zitera uburwayi bw’umutima.

Indwara zifata ishinya zikaba ari indwara zikunda kugaragara cyane mu bantu ndetse zikaba ziza ku mwanya wa mbere mu bitera gutakaza amenyo ku bantu bakuru. Ngo uretse kuba izi ndwara zifata kandi zikangiza  ishinya y’amenyo, izi ndwara zishobora gutuma n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye byangirika, bityo bikaba byavamo uburwayi.
Kurwara kw'ishinya byakongerera ibyago by'ubundi burwayi

Nk’uko iri shyirahamwe rikomeza ribivuga, ngo ubwandu bw’ishinya (infection of the gum) y’amenyo ari bwo butera indwara z’ishinya bushobora gukwirakwira mu bindi bice by’umubiri. Ubu bushakashatsi bukaba bwarerekanye neza ko indwara zifata ishinya zishobora gutera uburwayi bw’umutima, diyabete, indwara z’amagufwa bita osteoporosis ndetse n’indwara y’ubwonko ifata abari mu zabukuru bita maladie d’alzheimer.

Amenyo ashobora kurwara n'ishinya igafatwa

Cyakora ngo nubwo izi ndwara zikunze gutera indwara z’umutima, baravuga ko ibi ngo bidakunze kubaho cyane, bakaba basaba abantu bose muri rusange kugira isuku yo mu kanwa ndetse n’iy’amenyo by’umwihariko kugira ngo birinde izi ndwara.


Ni byiza kwita ku isuku yo mu kanwa.

src: ubuzima.rw

Comments

Popular posts from this blog

Impamvu ushobora kuribwa n’amenyo mu gihe uriye cyangwa unyoye ibikonje cyangwa ibishyushye.

Amenyo ari mu bice bigize akanwa kacu. Adufasha mu guhekenya ibiryo tuba turi kurya. Rimwe na rimwe tujya twisanga amenyo yacu aturya mu gihe turiye cyangwa tunyoye cyane cyane ibishyushye cyangwa ibikonje. Akenshi umuntu uzumva ataka akubwira ko adashobora kunywa ibintu byo muri firigo cyangwa nk’icyayi gishyushye, yewe hari n’umuntu uba udashaka kuvuga ku mugoroba cyangwa mu gitondo hakiri kare kugira ngo akayaga katirukankira mu menyo. Ubwo buribwe buba buri mu menyo buba butandunye n’ubwo umuntu agira mu gihe iryinyo rye ryacukutse. Twifashishije urubuga dental health tugiye kurebera hamwe icyibitera ndetse n’icyo wakora. Abantu bagira icyo kibazo cy’uburibwe Abantu benshi usanga bataka kubera icyo kibazo, kikaba gitangira akenshi iyo umuntu ageze hagati y’imyaka 20 na 40. Uretse ko bishobora gufata abari munsi yiyo myaka cyangwa abayirengeje cyane cyane abari hejuru ya za 70. Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakunda kugira iki kibazo kuruta abagabo. Ni ibiki biter...

Sobanukirwa n’ibibazo 15 amenyo yawe ashobora guhura nabyo.

Uburibwe bw’amenyo Amenyo ari muri bimwe mu bice by’umubiri bituma ubirwaye agira ububabare bwinci. Bamwe usanga bapfuka umunwa, abandi bakasama, abandi mu muyaga ugasanga bari gutaka. Benci nanone usanga bakoresha kujundika amazi y’akazuyazi, gukoresha akadodo bashaka gukura ibiryo hagati y’amenyo ndetse no kujya kugura imiti igabanya uburibwe. Nubwo wagura iyo miti ariko ntabwo uba ukuyeho ikibazo cyirimo kugutera ubwo buribwe, shaka Muganga w’amenyo agufashe kugikemura. Nimba ubona iruhande rw’iryinyo habyimbye cyangwa hari amashyira,cyangwa nimba wumva ufite n’umuriro, ibyo bishobora kuba ibimenyetso by’ikibyimba kandi byaguteza ibindi bibazo bikomeye. Jya kwa Muganga byihuse nkuko urubuga rwa webmd rubikugiramo inama kuri icyo kibazo ndetse n'ibi bindi bikurikira. Guhindura ibara kw’amenyo Nkuko twabivuze mu nkuru yacu yavugaga ku bintu bitera amenyo gusa nabi, twabonye ko guhindura isura y’iryinyo biterwa n’ibintu bitandukanye. Muri ibyo harimo ibiryo, imiti, it...

Kuki abantu bagira ishinya z'amabara atandukanye?

Abantu twese ntitugira ishinya zisa, bamwe baba bafite izisa abandi zitandukanye. Ishinya ishobora gusa n'iroze ariko yarwara ikaba yahinduka igasa n'umutuku, umweru cyangwa umukara. Uzabibona kenci ko abantu bamwe bafite ishinya y’umukara bakunze guseka cyane. Abandi nabo ubona ko iyabo isa n’iroze ndetse n’umweru. Mu bihugu bimwe na bimwe kugira ishinya y’umukara bifatwa nkaho ari bimwe mu bintu biranga ubwiza, ariko ahandi ho ugasanga abo bantu bafite iyo shinya bafatwa nkaho ari indwara bafite. Hari ibintu byinci bishobora gutera ishinya guhindura ibara nubwo usanga rimwe na rimwe biba ari ibintu byatewe nuko umubiri wabo usanzwe uteye. Twifashishije imbuga nka watertower dental care ndetse na pulse live reka turebere hamwe bimwe muri byo. Ishinya y’umukara   Impamvu abantu bamwe bagira ishinya y’umukara, usanga biterwa nuko ishinya yabo yajemo melanin nyinci zikorwa na Melanocytes zo ziba ziri mu mubiri. Izo Melanin ubundi nizo zituma ishinya ndetse n’uruhu rwaw...