Skip to main content

Posts

Kuki isuku yo mu kanwa ari ingenzi?

Ntangiye nibaza ikibazo kugira ngo buri wese uhora akora iyo suku, bimufashe gusesengura neza maze amenye impamvu ayikora. Buriya guseka ni igikorwa cyerekana ko umuntu yishimye. Mu gihe rero wumva ushaka kugaragaza uwo uriwe biciye mu nseko buriya biba byiza gusukura mu kanwa kawe ubyitayeho. Hari benshi guseka bibera ikibazo bitewe nuko banuka mu kanwa, cyangwa amenyo yabo yarakutse cyangwa yarahongotse, wenda amenyo yawe yarahinduye ibara kubera imyanda yajemo. Muri make umuntu akaba afite ipfunwe ryo kubumbura umunwa we mu gihe arikumwe n’undi muntu. Amenyo ni ingenzi mu buzima bwa muntu, aho adufasha mu guseka, kuvuga, kurya ndetse no guha ishusho cyangwa imiterere yacu yo mu isura. Buriya udukoko two mu kanwa dukunze kwataka amenyo y’umuntu ni ikibazo gikomeye cyane k'ubuzima bwo mu kanwa. Utwo dukoko dushobora kuba turi ku menyo, cyangwa hagati yayo maze bigateza amenyo gucukuka. Utwo dukoko rero nanone dushobora kugenda tukibera hagati mu ishinya maze bikarangira is...

Impamvu umuntu ashobora kugira amenyo asa n’umuhondo cyangwa irindi bara

Mu mibereho ya muntu, amenyo adufasha mu bintu bitandukanye. Mu rwego rwo kuyafata neza bidusaba gukora isuku yaba dukoresha uburoso kabiri ku munsi ndetse no gukoresha akadodo rimwe ku munsi. Nanone tugomba gusura Muganga w’amenyo byibura 1 mu mezi 6. Ibibazo byibasira amenyo yacu biva mu guhuzagurika mu isukura ryayo. Abantu bamwe usanga baterwa ipfunwe n’uko amenyo yabo asa, hari igihe umuntu aba arimo aganira n’undi muntu, ugasanga avuga yipfutse ku munwa, cyangwa areba hirya kugira ngo uwo muntu atabona ko amenyo ye yamaze guhinduka umuhondo cyangwa harimo ibintu by’umukara. Ni kenci abantu bamwe baseka ariko bagahita bigarura batarangiza guseka kubera ko baba batinya ko undi yabacishamo ijisho ko amenyo yabo asa nabi.  Ni byiza gusura Muganga w’amenyo muri kiriya gihe cyavuzwe haruguru kugira ngo agufashe kumenya ikibazo waba ufite ndetse no kugufasha kwirinda ibindi bibazo ushobora guhura nabyo. Muganga w’amenyo iyo asanze ufite nk’ayo menyo yahinduye ibara, agufasha kuyah...

Amenyo ashobora guhindura ibara nk'imwe mu ngaruka z'imyanda iyibasira.

Burya nta muntu ubaho utifuza kugira amenyo meza, ubwo ncatse kuvuga amenyo asa neza kandi akomeye. Hari gihe umuntu yiyumva nk’ufite amenyo meza ndetse yanaseka koko bikagaragara. Hari n’abandi bitera ipfunwe ryo guseka cyangwa yanaseka ukabona apfutse ku munwa, cyangwa mu gihe cyo guseka akibuka ko amenyo ye adasa neza, ugahita ubonako ahise yigarura uwo mwanya. Kuba umuntu afite amenyo arimo imyanda cyangwa se ibintu bituma yahindura ibara, rimwe na rimwe ntabwo ari ikosa rye kuba byaraje kuko hari igihe aba ari ko yavutse, bitewe n’aho yavukiye cyangwa ari imiterere y’umubiri we. Ariko ikindi gihe usanga bamwe bafite amenyo yanduye ari ukubera uburyo bayitaho cyangwa bagiye bayitaho mu gihe cyashize. Muri iyi nkuru, turarebera hamwe ubwoko bw’imyanda ifata mu menyo, ingaruka zayo ndetse n’uburyo wayirinda. Iyo myanda ishobora kugira ibara ry' umweru, umuhondo, icyatsi, ndetse n’umukara. Amenyo yafashweho n’iyo myanda ntibiba bivuze ko yamaze kwangirika. Ubwoko bw’i...