Indwara zifata ishinya y'amenyo zishobora gutera indwara z'umutima.
Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’abaganga bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryita ku ndwara z’umutima (American Heart Association), ngo nyuma y’igihe kirekire abantu bamwe bavuga ko indwara zifata ishinya y’amenyo zidatera ibyago byo kurwara indwara z’umutima ndetse kandi ko kuvura indwara zifata ishinya y’amenyo bitagira icyo byorohereza cyangwa bigabanya ku byago byo kurwara umutima, kuri ubu noneho iri shyirahamwe riratangaza ko nyuma y’ubushakashatsi rimaze gukora kuri izi ndwara, bwagaragaje ko izi ndwara zitera uburwayi bw’umutima.
Indwara zifata ishinya zikaba ari indwara zikunda kugaragara cyane mu bantu ndetse zikaba ziza ku mwanya wa mbere mu bitera gutakaza amenyo ku bantu bakuru. Ngo uretse kuba izi ndwara zifata kandi zikangiza ishinya y’amenyo, izi ndwara zishobora gutuma n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye byangirika, bityo bikaba byavamo uburwayi.
Nk’uko iri shyirahamwe rikomeza ribivuga, ngo ubwandu bw’ishinya (infection of the gum) y’amenyo ari bwo butera indwara z’ishinya bushobora gukwirakwira mu bindi bice by’umubiri. Ubu bushakashatsi bukaba bwarerekanye neza ko indwara zifata ishinya zishobora gutera uburwayi bw’umutima, diyabete, indwara z’amagufwa bita osteoporosis ndetse n’indwara y’ubwonko ifata abari mu zabukuru bita maladie d’alzheimer.
Cyakora ngo nubwo izi ndwara zikunze gutera indwara z’umutima, baravuga ko ibi ngo bidakunze kubaho cyane, bakaba basaba abantu bose muri rusange kugira isuku yo mu kanwa ndetse n’iy’amenyo by’umwihariko kugira ngo birinde izi ndwara.
src: ubuzima.rw
Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’abaganga bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryita ku ndwara z’umutima (American Heart Association), ngo nyuma y’igihe kirekire abantu bamwe bavuga ko indwara zifata ishinya y’amenyo zidatera ibyago byo kurwara indwara z’umutima ndetse kandi ko kuvura indwara zifata ishinya y’amenyo bitagira icyo byorohereza cyangwa bigabanya ku byago byo kurwara umutima, kuri ubu noneho iri shyirahamwe riratangaza ko nyuma y’ubushakashatsi rimaze gukora kuri izi ndwara, bwagaragaje ko izi ndwara zitera uburwayi bw’umutima.
Indwara zifata ishinya zikaba ari indwara zikunda kugaragara cyane mu bantu ndetse zikaba ziza ku mwanya wa mbere mu bitera gutakaza amenyo ku bantu bakuru. Ngo uretse kuba izi ndwara zifata kandi zikangiza ishinya y’amenyo, izi ndwara zishobora gutuma n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye byangirika, bityo bikaba byavamo uburwayi.
![]() |
| Kurwara kw'ishinya byakongerera ibyago by'ubundi burwayi |
Nk’uko iri shyirahamwe rikomeza ribivuga, ngo ubwandu bw’ishinya (infection of the gum) y’amenyo ari bwo butera indwara z’ishinya bushobora gukwirakwira mu bindi bice by’umubiri. Ubu bushakashatsi bukaba bwarerekanye neza ko indwara zifata ishinya zishobora gutera uburwayi bw’umutima, diyabete, indwara z’amagufwa bita osteoporosis ndetse n’indwara y’ubwonko ifata abari mu zabukuru bita maladie d’alzheimer.
![]() |
| Amenyo ashobora kurwara n'ishinya igafatwa |
Cyakora ngo nubwo izi ndwara zikunze gutera indwara z’umutima, baravuga ko ibi ngo bidakunze kubaho cyane, bakaba basaba abantu bose muri rusange kugira isuku yo mu kanwa ndetse n’iy’amenyo by’umwihariko kugira ngo birinde izi ndwara.
![]() |
| Ni byiza kwita ku isuku yo mu kanwa. |
src: ubuzima.rw




Comments